Umukinnyi wa Filimi wamamaye mu mafilimi y’Ibihinde yitabye Imana

Spread the love

Abakinnyi ba Filimi mu Gihugu cy’u Buhinde batangaje ko babajwe n’urupfu rwa mugenzi wabo wakinaga amafilimi mu buryo busekeje.Satish Kaushik: A new twist in the death case of Bollywood actor Satish  Kaushik.. Police found key evidence in the farmhouse | Bollywood actor satish  kaushik death case: delhi police shocking disclosure

Satish Kushik wabaye icyamamare muri sinema by’umwihariko muri filimi z’Igihinde, yapfuye afite imyaka 66 azize indwara y’umutima. Abakinanaga nawe mu mafilime banditse ubutumwa bugaragaza ko bashenguwe n’urupfu rwe.

Umwe mu bakinnyi wa Filimi bakoranye igihe kirekire, Anupam Kher mu butumwa bwe yavuze ko yababajwe n’urupfu rwa mugenzi we wapfuye tariki ya 7 Werurwe agashyingurwa tariki ya 9 Werurwe 2023.

Anupam yavuze ko mu myaka 45 bamaranye ari inshuti banakorana amafilimi, avuga ko yamubereye inshuti magara ku buryo akimara kumva iyo inkuru y’urupfu rwe, yananiwe kubyakira. Yanavuze ko Satish kumubura bizatuma atazongera kunezerwa.

 

Kaushik azwi cyane mu mafilimi arimo urwenya  ndetse yagiye yegukana ibihembo barimo Filmfare Best comedian award, yegukanye 1990 ndetse no muri 1997.

Zeenews.indian.com


Spread the love

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *